๐™ˆ๐™ช๐™ ๐™ช๐™ง๐™– ๐™‘๐™Ž ๐™ฎ๐™–๐™จ๐™๐™ฌ๐™ž๐™จ๐™๐™ช๐™ง๐™ž๐™Ÿ๐™š ๐™๐™–๐™ฎ๐™ค๐™ฃ ๐™Ž๐™ฅ๐™ค๐™ง๐™ฉ๐™จ ๐™ ๐™ช๐™ง๐™ž ๐™…๐™ค๐™จ๐™š๐™ฅ๐™ ๐™Ž๐™–๐™˜๐™ ๐™š๐™ฎ ๐™ž๐™ฎ๐™ž๐™—๐™ฌ๐™ž๐™ง๐™– ๐™ ๐™ค ๐™ฃ๐™ฉ๐™– ๐™ฃ'๐™ž๐™—๐™ž๐™œ๐™–๐™ฃ๐™ž๐™ง๐™ค ๐™ž๐™ ๐™š๐™ฃ๐™š๐™ฎ๐™š ๐™ ๐™ช๐™ง๐™ž ๐™ช๐™ฎ๐™ช ๐™ข๐™ช๐™ ๐™ž๐™ฃ๐™ฃ๐™ฎ๐™ž ๐™ฎ๐™š๐™ฌ๐™š ๐™–๐™ฉ๐™–๐™œ๐™ช๐™ง๐™ž๐™จ๐™๐™ฌ๐™–

Uyu munya Ghana Joseph Sackey wโ€™imyaka 23 yโ€™amavuko ukinira ikipe ya Mukura VS hagati mu kibuga nka nimero 6 wifuzwaga bikomeye na Rayon Sports, ikipe ye ya Mukura VS yanzuye ko atagurishwa muri uku kwezi kwa mbere.

Joseph Sackey ugifite amasezerano y'umwaka nโ€™igice mu ikipe ya Mukura VS akaba umwe mu bakinnyi beza muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda ku mwanya we (nimero 6) yifujwe na Rayon Sports gusa mukura VS ntiyashatse kwinjira mu biganiro kuko nta gahunda ifite yo kurekura undi mukinnyi muri uku kwezi kwa mbere nyuma yo kugurisha abakinnyi babiri (2) barimo Uwumukiza Obed wagurishijwe muri Rayon Sports na Destin Malanda wagiye mu Amagaju Fc

Amakuru Tv7rwanda.com yamenye ni uko niyo Joseph Sackey niyo yagurishwa mu yindi kipe byazakorwa mu mpeshyi ya 2026 kuko nโ€™ubundi azaba agifite amasezerano azarangira mu mpeshyi ya 2027.

Joseph Sackey wakiniye ikipe nka Muhazi united mbere yuko ajya muri Mukura VS kugeza ubu niwe watsindiye ikipe ya Mukura VS ibitego byinshi muri shampiyona kuko afite ibitego bine (4) ndetse yanatanze imipira yavuyemo ibitego ibiri (2) mu mikino 15 yakinnye ya shampiyona.

Mukura VS yasoje imikino banze ya shampiyona y'icyiciro cya mbere iri ku mwanya wa karindwi (7) n'amanota 27 ntishaka gukomeza gutakaza abakinnyi bayo bโ€™ingenzi kuko yifuza kugaruka mu gice cya kabiri cya shampiyona ihatanira imyanya myiza ndetse ishaka nโ€™ibikombe cyane ko iri guhatanira igikombe cy'amahoro ndetse nโ€™igikombe cya shampiyona.